Robot y’Abanyamerika yageze kuri Mars nyuma y’urugendo rw’amezi arindwi

Akanyamuneza ni kose ku bakozi b’Ikigo cy’Abanyamerika gikorera ubushakashatsi mu isanzure (NASA), nyuma y’uko mu ijoro ryo ku wa 18 Gashyantare 2021 robot yabo yoherejwe kuri Mars muri Nyakanga 2020 yahageze.

Feb 20, 2021 - 08:53
 0
Robot y’Abanyamerika yageze kuri Mars nyuma y’urugendo rw’amezi arindwi

Saa yine n’iminota 55 z’ijoro ryo kuri uyu wa Kane nibwo robot ya NASA yahawe izina rya “Perseverance” yasoje urugendo rwa kilometero miliyoni 471,5 rwerekeza kuri uwo mubumbe utukura, yari yatangiye ku wa 30 Nyakanga umwaka ushize.

Ikihagera yahise itangira gufata amafoto kuri uwo mubumbe yifashishije camera yashyizweho imbere n’inyuma maze iyoherereza abashakashatsi ba NASA bari bicaye i California muri laboratwari yabo.

Mu minota irindwi nyuma y’uko ihageze, NASA yahise ishyira kuri Twitter amafoto Persevarance yohereje, hasobanurwa ko ari ayafatiwe ku kiyaga cya Jezero bivugwa ko kimaze imyaka iri hagati ya miliyari 3.5 na 4 kuri uwo mubumbe.

Perseverance ibaye robot ya gatanu y’icyo kigo igeze kuri Mars ariko ifite umwihariko itandukaniyeho n’izindi zahageze, harimo nko gucukura urutare rw’aho yifashijije imitobozo (percer) ikabika utuvungukira tunini [tungana n’ingwa] izagarukana abashakashatsi bakajya batwifashisha.

Mu itangazo NASA yageneye itangazamakuru, yanditse iti “Perseverance niyo robot ya mbere igiye kuzana utuvungukira tunini two kuri Mars tuzifashishwa muri gahunda z’ahazaza.”

“Bitandukanye n’izindi zayibanjirije nka Curiosity [yoherejweyo mu 2012) zazanaga utuvungukira duto cyane;Perseverance yo izajya icukura utujya kungana n’ingwa, itubika neza kugeza igihe izagarukira ku Isi.”

NASA kandi yashyize indege nto hejuru kuri iyo robot, hagamijwe ko yazagurutswa mu kirere cy’uwo mu bumbe nabyo bikabafasha mu nyigo zitandukanye. Ni ubwa mbere indege izaba igurukiye mu kirere cy’undi mubumbe utari Isi, hakaba hitezwe ko bizatanga amakuru y’ingenzi.

Intego nyamukuru ya Perseverance ni ugufasha NASA kumenya niba kuri Mars harigeze kuba ibinyabuzima mu myaka ya kera, ku buryo byafasha mu nyigo zikomeje gukorwa n’abahanga basuzuma ko ikiremwamuntu cyazahageza ibikorwa byacyo byanarimba kikahatura.

Biteganyijwe ko Perseverance izamara hafi imyaka ibiri mu bucukumbuzi kuri uwo mu bumbe.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175